21st Nganji Mu Isura Nshya Nyuma yo Gushyira hanze Indirimbo yise “Ubutatu 3”
Nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye nshya “Ubutatu 3”, 21st Nganji mu isura nshya muri hiphop nyarwanda avuga ko adateze gahagarika imuziki we kandi ari byo bizatuma agaragara nk’umuhanzi ushaka gutera imbere kurusha uko byari bimeze mbere. Iyi ndirimbo ibaye nk’inkingi yo kugaragaza impamo ye muri, nyuma y’igihe yari arimo gukora izindi ndirimbo zinyuranye zose zigaragaza ubuzima abaraperi babayemo. Mbere y’uko indirimbo yise “Ubutatu 3” isohoka, 21st Nganji yari amaze igihe arigutegura gushyira hanze Ep nubwo ataratangaza izina ryayo ndetse n’zindi ndirimbo zigize umushinga mugari wo kwagura umuziki we muri hiphop, harimo indirimbo zubakiye ku buryo butandukanye ariko bwose buhuriza ku ntego imwe ariyo guhanga umuziki ufite ishusho nshya n’umwimerere we bwite. Nubwo 21st Nganji atarashyira hanze ibikorwa byinshi ku byo ateganya mu gihe kiri imbere, abazi uko akora bavuga ko iyi ndirimbo ishobora kuba ariyo itangije umushinga mugari ushobora kuba EP cyangwa album agiye gushyira ahagaragara, Bose bakomeza kuvuga ko niba akomeje muri uyu murongo, izina rye rishobora kwinjira ku rutonde rw’abahanzi bafite ijwi ridasanzwe mu muziki w’u Rwanda. Ibitaramo by’ahazaza, ibindi bihangano biri mu nzira, n’ukuntu yigaragaje mu isura nshya bituma bigaragara ko 21st Nganji atari umuhanzi uri gukora indirimbo gusa ahubwo ari umusore uri gutangira kubaka brand y’umuhanzi ufite imbaraga n’icyerekezo. “Ubutatu 3” ishobora kuba ari imwe mu ndirimbo zizahindura byinshi mu mwuga we, igaha abafana icyizere ko 21st Nganji ari umwe mu rubyiruko rufite ejo hazaza heza mu muziki w’u Rwanda byumwihariko muri hiphop.
