Nyuma y’uko indirimbo ye Treason yigaruriye imitima ya benshi, “Scott Damane” agiye gushyira hanze EP nshya yise “Overseas”

Nyuma y’uko indirimbo ye Treason yakiriwe neza n’abakunzi b’injyana ya Dancehall na trap, umuhanzi Scott Damane  ari mu myiteguro yo gusohora EP nshya yise Overseas. Uyu muhanzi scott  Damane amaze igihe yigaragaza nk’umwe mu bahanzi b’abanyempano bafite umwimerere n’ubutumwa bukomeye mu bihangano bye. Indirimbo Treason, yamuhesheje izina rikomeye mu bakunzi ba muzika y”injyana ya hip hop ndetse n’abakunzi bumuziki muri rusange  yaranzwe n’amajwi aryohera amatwi, amagambo y’ukuri n’ijwi ry’umwimerere ryatumye benshi batangira kumwita “the new wave of conscious dancehall.” Scott Damane avuga ko iyi EP Overseas izaba igizwe n’indirimbo nyinshi zigaragaza ubuzima bw’umuhanzi utangiye kuzamuka ku rwego mpuzamahanga, aho buri ndirimbo izaba ifite inkuru yayo itanga ishusho y’ubuzima, urukundo, n’inzozi z’urugendo rwe rwa muzika. “Overseas ni urugendo rw’umutima. Ni EP ivuga ku buzima bwanjye, ku mpamvu zatumye nkomeza gukora n’igihe ibintu bitari byiza. Ndashaka ko abafana banjye bumva ko buri ndirimbo ifite isomo ryayo,” — Scott Damane. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram (Scott Damane), Scott Damane yasangije abakunzi be ishusho y’integuza y’iyo EP, ivanze n’amajwi mato y’inyunganizi y’indirimbo nshya. Ibyo byahise bituma abafana be batangira kugaragaza amashyushyu, bamwe bavuga ko Overseas ishobora kuba ari “project ye ikomeye kurusha izindi.” Uretse EP, Scott Damane akomeje gukorana n’abatunganya amajwi n’amashusho bafite ubunararibonye muri muzika nka producer “kush beat “,”kina beat”nabandi, bikaba bizatuma umuziki we ugira umwimerere wihariye, uhuza injyana Ya Dancehall,trap n’umwuka wa Afro-fusion. Iyi EP iteganyijwe gusohoka mu minsi mike iri imbere, ikazaboneka ku mbuga zose zicururizwaho umuziki nka YouTube, Audiomack, Spotify, n’iTunes. Abakunzi be Arabasaba gukomeza kumukurikirana kugira ngo bazabashe kumva neza indirimbo nshya ziri kuri iyo EP, izafasha kumumenyekanisha kurushaho ku ruhando mpuzamahanga.

DMC Rwanda akomeje urugendo rwe rwa muzika, ateguza Abakunzi be indirimbo nshya yise “Byaranze”

Nyuma y’igihe gito ashyize hanze indirimbo yise “Follow” yakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki nyarwanda, umuhanzi DMC Rwanda yongeye kugaragara ashyira hanze integuza (teaser) y’indirimbo nshya yise Byaranze. Uyu muhanzi, umaze igihe agaragaza imbaraga n’ubushake bwo kwiyubaka mu ruganda rwa muzika, yavuze ko iyi ndirimbo nshya izaba ifite ubutumwa bwimbitse bw’ubuzima bwa buri munsi, cyane cyane ku bantu bahuye n’ibihe bikomeye ariko bagahitamo gukomeza imbere n’iyo ibintu byaba“byaranze”. Dmc Rwanda avugako iyi ndirimbo “Byaranze” Ari indirimbo izaba ifite ubutumwa buzafasha abantu kudacika intege mu ubuzima bwa burimunsi ,ndetse ikaza irimo ubutumwa bwo kwihangana no kwizera ko ejo hari ibyiza nyuma yibigeragezo. DMC Rwanda akomeje kugerageza kubaka izina rye mu muziki nyarwanda biciye mu ndirimbo zifite umwimerere n’amajwi atuje ariko akubiyemo amagambo y’isanamitima. “Follow”,imwe mu ndirimbo ze ziherutse, yagaragaje impano ye mu buryo bwo guhuza injyana ya kizungu n’umuco nyarwanda, bikaba byaramuhesheje abafana bashya n’abakurikirana ibikorwa bye kuri YouTube, DMC Rwanda yagaragaje ko afite gahunda yo gukomeza gukora umuziki mu buryo burambye, akorana n’abatunganya amajwi n’amashusho bafite ubunararibonye mu rwego rwo kongera umusaruro n’ubuziranenge bw’ibihangano bye. Indirimbo Byaranze biteganyijwe ko izasohoka mu minsi mike iri imbere, ikazaba iri ku mbuga zose zicururizwaho umuziki (YouTube, Audiomack, Spotify n’izindi). DMC Rwanda, arasaba abakunzi be gukomeza kumukurikirana kuri YouTube “DMC Rwanda” kugira ngo bazabashe kubonera iyi ndirimbo “Byaranze” kugihe.        

Queen Bella: “Yvan Bravan yambereye imbarutso yo gukora umuziki”

Mu kiganiro cyihariye yagiranye na Uzzi Marley, umunyamakuru wa Ikosora Radio, umuhanzi mushya Queen Bella yagarutse ku rugendo rwe mu muziki no ku nkomoko y’ubushake bwatumye afata icyerekezo cy’ubuhanzi. Queen Bella yavuze ko akiri muto yakundaga cyane umuziki, ariko icyamuteye gutangira gukora indirimbo ze bwite ni ugutera ishyaka n’ubutwari yakuriyemo yumva indirimbo z’umuhanzi Yvan Bravan. “Yvan Bravan yambereye imbarutso yo gukora umuziki,” ni ko Queen Bella yabivuze, agaragaza uburyo indirimbo za Bravan zamubereye urumuri rumwereka ko nawe ashobora gusiga izina mu muziki nyarwanda. Uyu mukobwa wiyumvamo injyana zigezweho yasobanuye ko kumva uburyo Bravan yitangiraga umuziki byamuhaye icyizere cy’uko nawe ashobora kubigeraho. Ati, “Iyo numvaga indirimbo ze, nabonaga ko impano y’umuntu ishobora gutuma abantu bamwumva ndetse ikamufasha kugera kure. Byanyeretse ko n’inzozi zanjye zishoboka Uretse urugendo rwe nk’umuhanzi ku giti cye, Queen Bella aheruka no gukorana n’umuhanzi Androva mu ndirimbo yabo nshya yise “Overdose.” Iyo ndirimbo imaze gutangira kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga no kuri YouTube, igaragaza uburyo impano ye yifitemo ubushobozi bwo guhuza injyana zigezweho n’ubwiza bw’amajwi ye yihariye. Queen Bella asobanura ko gukorana na Androva byamufashije kurushaho kwagura ubumenyi bwe mu buryo bwo gutunganya indirimbo no gukorana n’abandi bahanzi bafite ubunararibonye. “Byari urugendo rwiza kandi rutoza byinshi, kandi ndizera ko abafana bazakunda Overdose nk’uko natwe tuyikunda,” ni ko yabitangaje. N’ubwo atarashyira hanze umushinga munini w’indirimbo nyinshi, Queen Bella yemeza ko ari mu myiteguro yo gusohora izindi ndirimbo nshya. Yizeza abafana be ko ibihangano biri imbere bizaba byujuje ubuziranenge, kandi bigaragaza neza urwego rushya umuziki w’abakiri bato uri kugeraho. Uzzi Marley yashimangiye ko impano nk’iya Queen Bella ari ikimenyetso cy’uko umuziki nyarwanda ukomeje kuvumbura abahanzi bashya bafite ijwi ridasanzwe, kandi akangurira abakunzi b’umuziki kumugumana mu maso mu gihe ategura ibikorwa bikomeye biri imbere. KURIKIRA HANO IKIGANIRO KIRAMBUYE QUEEN BELLA YAGIRANYE NA IK RADIO MU KIGANIRO “IMPANO IDASANZWE”  

Mupenzi Stebbin: Umuhanzi wa Gospel uhuriza Impano n’Ubuhanga mu Ikoranabuhanga

Mupenzi Stebbin ni izina rishya mu muziki wa Gospel nyarwanda, ariko riri gufata indi ntera ku buryo budasanzwe. Yatangiye urugendo rwe mu muziki mu mwaka wa 2021, nibwo yinjiye mu muziki , mu njyana ya Gospel ataririmba gusa, ahubwo anandika indirimbo zihimbaza Imana. Indirimbo ye yambere yakunzwe cyane yitwa “Kora”, ikomeje kumuzamurira izina mu bakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana. Nkuko yabitangarije itangazamakuru ubu yamaze gushyira hanze integuza y’indirimbo ye nshya yise “Upfumbatura Ikiganza”,Usibye ubuhanzi, Mupenzi ni n’umunyeshuri wiga IT (Information Technology) muri University of Kigali, ibintu bimufasha guhuza impano n’amasomo y’iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga. Ibi bituma abasha gukoresha ubumenyi bwe mu buryo bw’imenyekanishabikorwa n’uburyo bwo gusakaza indirimbo ze ku mbuga zitandukanye. Kuri ubu, afite indirimbo nshya yitegura gushyira ahagaragara mu cyumweru gitaha, ikaba itegerejwe n’abakunzi b’umuziki wa Gospel mu Rwanda ndetse no mubihugu by’abaturanyi. Uretse kuririmba, Mupenzi ni n’umuvugabutumwa mu buryo bw’umwuka afite umushinga witwa “Vocal Music with Prayer”, gahunda ihuriza hamwe abantu bafite impano yo kuririmba kugira ngo baramye kandi bahimbaze Imana mu buryo bw’amajwi y’umwimerere no gusenga. Mupenzi Stebbin akomeje kuba urugero rwiza rw’uko impano n’ubumenyi bishobora kugendana, akubakira ku kwizera n’umurava mu byo akora. Abakunzi ba Gospel barasabwa kumutega amatwi no gushyigikira ibikorwa bye, cyane cyane indirimbo ye nshya igiye gusohoka vuba.    

Umuraperi “Haj P”: Ijwi Rishya Rihumeka Icyerekezo Gishya muri Hip Hop Nyarwanda.

Umuziki wa hip hop nyarwanda ukomeje kugira imbaraga z’abasore n’inkumi bafite impano nshya, cyane mu njyana ya Rap “Haj P” ni izina rishya rihamya ko ejo hazaza ha rap mu Rwanda hafite icyizere. Uyu musore ukiri muto umunsi kumunsi aragenda ashinga imizi mu ruhando rw’umuziki, akoresheje amagambo akomeye mu njyana ya Hip hop aho yahisemo kuririmba ku buzima bwa buri munsi. Haj P yatangiye kumenyekana binyuze mu ndirimbo zagiye zikora ku mitima y’abakunzi ba hip hop. Uhereye ku ndirimbo “Udasara” ,“Urugendo yakoranye na Remmedy kongwe” Ndetse niyo yise “Umutima,” yagaragaje ko afite ijwi rifite imbaraga kandi amagambo ye akubiyemo ubutumwa. Kuri ubu, indirimbo ye nshya yise “Ibaruwa” ikomeje kugenda ivugwaho cyane, kuko irimo amarangamutima akomeye aho agaragaza uruhande rwe rwo kwigarurira abakunzi ba hip hop. Haj P aririmba mu buryo bujyanye n’imibereho y’abasore n’inkumi b’iki gihe: ibibazo by’urukundo, inzozi z’ubuzima, n’iterambere mu by’ubuhanzi. Haj P akoresha amagambo yoroshye ariko yinjira ku mutima, bigatuma umuryango mugari w’abakunzi ba muzika byumwihariko injyana ya Rap barushaho kumwiyumvamo. Abakurikira umuziki we bavuga ko afite icyerekezo gishya, kuko yunganira injyana gakondo ya hip hop n’umwimerere w’umuco nyarwanda. Abakunzi be muri muzika bamaze kumwita “umwe mu bazahindura hip hop nyarwanda mu myaka iri imbere.” Haj P arimo gukora ku mishinga mishya, harimo no gukorana n’abandi bahanzi b’inshuti ze, kandi arashaka kugera ku rwego mpuzamahanga. Ku bakunzi b’injyana ya rap mu Rwanda, izina Haj P ni iryo kwitaho Dore ko ubwo aheruka kuganira ni tangazamakuru yavuzeko Afite umushinga wo gushyira hanze Ep azatangaza muminsi irimbere. Haj P ni umwe mubatanga ikizere muri Hip hop nyarwanda, Aherutse gushyira hanze indirimbo yise “Umutima”, inkuga yanyu nugukomeza gukurikirana ibikorwa bye.          

Kega Dolphin yazanye amarangamutima mashya mu muziki nyarwanda binyuze mu njyana ya Afro-Fusion

Mu gihe injyana ya Afro-Fusion igenda irushaho gukundwa cyane mu muziki nyarwanda, Kega Dolphin ari kugaragaza ko ashobora kuyihesha Icyubahiro abinyujije mu ndirimbo amaze gushyira ahagaragara. Kega Dolphin Afite impano yihariye mu kuririmba urukundo rw’iki gihe, urukundo rwuzuyemo amarangamutima ndetse n’ubuzima busanzwe mu njyana ya Hip hop nayo yisangamo. Kega Dolphin, umuhanzi ukiri muto ariko ufite icyerekezo gikomeye, ari kubaka izina mu mitima y’abakunzi b’injyana zivanze. Afite umwihariko mu kuvanga injyana ya rap na afro fusion bikabyara umuziki ugezweho kandi wumvikanamo ubuzima bw’uyu munsi. Kega Dolphin amaze gushyira hanze indirimbo nka jah, ibyawe, no mercy nizindi. Indirimbo “Ibyawe” ni imwe mu zihagaze neza mu zo amaze gushyira hanze. Irimo amagambo yuje gutakamba no gukumbura, aho umusore yiyumvamo umukobwa ariko agakomeza kwibaza niba yamukunda by’ukuri. Ifite umuvuduko woroshye n’amajwi aseseka buhoro, bigatuma yumvikana cyane mu matwi y’abumva. Indirimbo “No Mercy” nayo ni iy’urukundo, ariko irimo igitugu n’ukuri kubabaza. Aha Kega Dolphin yivugira nk’uwamaze kurambirwa amarira y’ubusa, akavuga ko nta mbabazi agifitiye abakina ku mitima y’abandi. Iyi ndirimbo yerekana ukuntu urukundo rwo muri iki gihe rwabaye , aho buri wese ashaka kumenya niba akundwa cyangwa abeshywa. Abakunda injyana ya Afro-Fusion bamubonamo amaraso mashya muri muzika nyarwanda. Kega Dolphin umwe mu bahanzi bakiri bato, ariko bafite intego yo gutuma umuziki nyarwanda ukomeza gukura umunsi ku munsi. Mu bihangano bye humvikanamo ukuri k’urukundo rw’iki gihe.                  

Urumuri mu Gicuku cya Hip Hop: Urugendo rwa Shami Shainy

Mu mihanda y’i Kigali, ahaturuka amajwi y’ukuri, humvikana izina rigenda rirushaho gukura Shami Shainy, Uyu ni umusore, utari wamenyekana cyane mu itangazamakuru cyangwa mu bitaramo bikomeye, ariko ari kubaka izina rihamye binyuze mu ndirimbo ze amaze gushira hanze. Indirimbo “IKIMENE” ni imwe mu zamenyekanishije Shami Shainy Aho, agaragaza umusore wakuriye mu buzima bugoye, atagira ubufasha buhagije, ariko ugendera ku ntego gukomeza inzira nubwo byaba bigoye. Avuga uko abantu atigeze asinya ngo abe ariwe utsindwa  ariko agahindura uburibwe ubushobozi bwo gukomeza gutera intambwe ,muri hip hop, iyi ndirimbo ntivuga gusa ku mubabaro, ahubwo ni nk’ikirenga cy’ubutumwa buvuga ngo “nawe ushobora gutsinda, uko waba umeze kose” Mu yindi ndirimbo ye “I Ain’t Your League”, Shami Shainy aririmba ku muntu ugomba kumenya agaciro ke, Ni nk’inkingi y’umusore umaze gukura, uzi ko atakiri umwana uvunwa n’amagambo cyangwa abantu batamwemera, Ahamagarira urubyiruko kudashaka kuba ibyo batari, ahubwo kwihangana, bagakora ibyo bashoboye aho bari hose. Mu ndirimbo “Liboma”, Shami Shainy afatanyije n’abandi bahanzi nka Daus na Kweffa, akomeza kugaragaza ubuzima bw’abasore bafite ubushake bwo guhindura ejo hazaza. Indirimbo ibumbatiye ibintu bibiri: ukwishyira hamwe n’inyota yo gutsinda, ariko binyuze mu guhangana n’inzitizi. Icyihariye kuri Shami Shainy ni uko adakora indirimbo zo gushimisha abantu gusa. Iyo usubije amaso inyuma mu bihangano bye, ubona ishusho y’umuraperi utanga ubutumwa mu rugendo rw’ubuzima. Uyu munsi, Shami Shainy ari mu rugendo rwo gukora kuri mixtape atari yashyira ahagaragara, yitezweho uburyohe bwa hip hop i Kigali . Azashyira imbere inkuru zirimo isomo, inama, n’ubutumwa bugamije kuzamura urubyiruko mu rugendo rw’ubuzima. Afite kandi gahunda yo gukora, Collabos n’abandi baraperi bafite umutima nk’uwe. shami shainy ati:“Buri muntu afite icyo ahagarariye. Njyewe nihaye gutuma abatavugwa bavugwa.” Shami Shainy ntabwo yifuza kuba icyamamare kidasanzwe. Icyo yifuza ni ukuba ijwi ry’abakiri hasi, ariko bafite impano, inzozi, n’ukuri kwabo. Urumuri rwe rushobora kuba rutaratse cyane, ariko ni rwo ruzatuma hip hop nyarwanda isubirana ubusobanuro.

“MUTHA II” Ijwi rishya ry’umuco n’ukuri muri Hip hop Nyarwanda

Mu buzima bwa muzika nyarwanda, hari amazina agenda azamuka bucece ariko afite ubutumwa bukomeye. Muri abo bahanzi, haza MUTHA II, umusore ukomoka mu Rwanda uzwiho indirimbo yitwa “Gatenga/Kicukiro” yasohotse mu 2021 ku rubuga rwa YouTube.   MUTHA II, izina ritandukanye ariko rifite icyo risobanura, ni umuhanzi washyize imbere umwihariko mu kuririmba ibijyanye n’aho akomoka, ibihe yanyuzemo, ndetse n’umujyi wa Kigali w’ubu. Yavutse, arererwa kandi akura mu karere ka Kicukiro, mu murenge wa Gatenga, aho indirimbo ye yamenyekaniye cyane yitiriye ako gace. Indirimbo “Gatenga/Kicukiro”, niyo yamwinjije ku ruhando rw’abahanzi bari kuvuga Kigali yabo mu ndimi z’umujyi, Iyi ndirimbo igaragaramo amagambo akomeye, asubiza abantu inyuma mu mateka ya Gatenga, uburyo uyu murenge wabaye isoko y’ibitekerezo, imico, n’imihindukire y’isi y’abakiri bato. “Ntitwasa EP”, ariho iyi ndirimbo ibarizwa, igaragaramo uburyo MUTHA II atanga ishusho y’umujyi wiyubaka, ariko wuzuyemo amateka n’amarangamutima. Akoresha amagambo arimo ubuhanga, ibitekerezo bishingiye ku bimenyetso, kandi akabyandika Mu injyana  ya Hip Hop yihariye. Indirimbo” Gatenga_Kicukiro” Igaragaza imihanda ya Gatenga, abana bakina, abantu babaho ubuzima busanzwe, ndetse n’imyubakire y’iki gihe. Ntabwo ari clip y’akataraboneka mu mashusho, ariko Ni video y’ukuri ku buzima bw’umuturage Utuye i Gikondo, Kabeza, Rebero, cyangwa mu gasanteri ka Gatenga. MUTHA II Ni icyerekezo gishya mu muri Hip hop nyarwanda Nu bwo indirimbo ye yamamaye cyane muri Kigali, MUTHA II afite icyerekezo cyo kugeza injyana ye no hanze y’u Rwanda. Ari mu itsinda rya Kosovo Recordz, rifite intego yo guha ijambo abahanzi bafite impano nyayo. MUTHA II ni ijwi rishya, ariko rishingiye ku mizi ya hip hop, Umuziki we ni nk’indorerwamo y’ubuzima bwo mu midugudu ya Kicukiro. Abamukurikirana bemeza ko azavamo umuhanzi ukomeye, kandi ushobora guhindura uburyo abakiri bato batekerezamo umuziki  bitandukanye no kwishimisha, ahubwo ni uburyo bwo gusigasira amateka, kwiyubaka no kwereka isi Kigali y’ukuri.  

“Birakaze ku Mihanda” Album y’amateka n’ubuzima bw’umuhanda ya Chaka Fella N’ubuhamya si Injyana gusa.

Mu gihe bamwe Mu bahanzi b’iki gihe barushaho kugendera ku ndirimbo zo kwishimisha n’amajwi y’umunezero, umuhanzi Chaka Fella we yahisemo kwinjira ahakomeye agaragaza ukuri kw’ubuzima bwo ku mihanda, arushaho gusiga ubutumwa bufite icyo busobanuye ku buzima bwa buri munsi bw’urubyiruko n’abarokotse ubuzima bubi. Nyuma y’igihe kinini ategerejwe, Chaka Fella yasohoye Album ye ya mbere yise “Birakaze ku Mihanda” ku itariki ya 30 Kamena 2025. Iyi album iriho indirimbo 16 zubakiye ku nkuru zifatika, izigisha, izishishikariza urubyiruko kudacika intege, ndetse zigaragaza ibikomere n’inzozi by’umwana wakuriye mu muhanda ariko wanze kuzarinda azimira atabaye icyo yifuzaga. Album “Birakaze ku Mihanda” ifite indirimbo zikomeye nka: “Chaka Outro” aho agaragaza amagambo arimo ishyaka n’intumbero y’ubuzima bwe. “Hondamo” ft. Zeo Trap indirimbo y’imvugo ikomeye yerekana ihangana n’ubuzima, ndetse n’amarangamutima y’urubyiruko rudacika intege. “Top Chief” ft. Bwiru Majagu ishimangira icyubahiro n’ubudahangarwa bw’abantu bavuye hasi bakagera kure.“ Ntamutima Mugira”  irimo amagambo y’umuntu wahuye n’akagahinda gakomeye ariko agakomera aho abandi bacika.   Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Chaka Fella yagize ati: “Iyi album ntabwo ari iy’imiziki gusa. Ni urugendo rw’ubuzima Nshaka ko abantu bumva ko nubwo ubuzima butaboroheye, ushobora kubugira urubuga rw’amahirwe.” Ibi birumvikanisha ko indirimbo ze zishingiye ku buzima bwe bwite  aho yavuye, uko yacitse intege inshuro nyinshi, ariko akanga gukuramo ake karenge. N’iyo waba utarigeze unyura mu buzima bwo ku mihanda, amagambo ye akugeraho, kuko afite ubushobozi bwo kuvuga ku bibazo bya buri wese.    

Integuza: Mr. Bona Agiye Gushyira Hanze Indirimbo Nshya yise “Phone”

Mr. Bona ni umuhanzi nyarwanda uzwi cyane mu njyana ya Afrobeat. Yamenyekanye mu ndirimbo aherutse Gushyira ahagaragara yise “SiPESHO” Ikaba yarakiriwe neza n’abakunzi be. Kuri ubu, Mr. Bona ari mu myiteguro yo gushyira hanze indirimbo nshya yise “Phone”. Nubwo itariki nyir’izina izasohokeraho itaratangazwa, abakunzi b’umuziki we biteze ko izaba iri ku rwego rwo hejuru, nk’uko asanzwe abaha indirimbo zirimo amagambo Akomeye y’urukundo. Abakunzi ba Mr. Bona bashishikarizwa gukomeza kumukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze no ku rubuga rwa YouTube kugira ngo bazamenyeshwe igihe iyo ndirimbo izasohokera. Mu gihe dutegereje “Phone”, twakwibutsa Gukomeza Gusangiza inshuti n’abakunzi b’umuziki muri rusange  indirimbo ye yise “SiPESHO”