“MUTHA II” Ijwi rishya ry’umuco n’ukuri muri Hip hop Nyarwanda

Mu buzima bwa muzika nyarwanda, hari amazina agenda azamuka bucece ariko afite ubutumwa bukomeye. Muri abo bahanzi, haza MUTHA II, umusore ukomoka mu Rwanda uzwiho indirimbo yitwa “Gatenga/Kicukiro” yasohotse mu 2021 ku rubuga rwa YouTube.   MUTHA II, izina ritandukanye ariko rifite icyo risobanura, ni umuhanzi washyize imbere umwihariko mu kuririmba ibijyanye n’aho akomoka, ibihe yanyuzemo, ndetse n’umujyi wa Kigali w’ubu. Yavutse, arererwa kandi akura mu karere ka Kicukiro, mu murenge wa Gatenga, aho indirimbo ye yamenyekaniye cyane yitiriye ako gace. Indirimbo “Gatenga/Kicukiro”, niyo yamwinjije ku ruhando rw’abahanzi bari kuvuga Kigali yabo mu ndimi z’umujyi, Iyi ndirimbo igaragaramo amagambo akomeye, asubiza abantu inyuma mu mateka ya Gatenga, uburyo uyu murenge wabaye isoko y’ibitekerezo, imico, n’imihindukire y’isi y’abakiri bato. “Ntitwasa EP”, ariho iyi ndirimbo ibarizwa, igaragaramo uburyo MUTHA II atanga ishusho y’umujyi wiyubaka, ariko wuzuyemo amateka n’amarangamutima. Akoresha amagambo arimo ubuhanga, ibitekerezo bishingiye ku bimenyetso, kandi akabyandika Mu injyana  ya Hip Hop yihariye. Indirimbo” Gatenga_Kicukiro” Igaragaza imihanda ya Gatenga, abana bakina, abantu babaho ubuzima busanzwe, ndetse n’imyubakire y’iki gihe. Ntabwo ari clip y’akataraboneka mu mashusho, ariko Ni video y’ukuri ku buzima bw’umuturage Utuye i Gikondo, Kabeza, Rebero, cyangwa mu gasanteri ka Gatenga. MUTHA II Ni icyerekezo gishya mu muri Hip hop nyarwanda Nu bwo indirimbo ye yamamaye cyane muri Kigali, MUTHA II afite icyerekezo cyo kugeza injyana ye no hanze y’u Rwanda. Ari mu itsinda rya Kosovo Recordz, rifite intego yo guha ijambo abahanzi bafite impano nyayo. MUTHA II ni ijwi rishya, ariko rishingiye ku mizi ya hip hop, Umuziki we ni nk’indorerwamo y’ubuzima bwo mu midugudu ya Kicukiro. Abamukurikirana bemeza ko azavamo umuhanzi ukomeye, kandi ushobora guhindura uburyo abakiri bato batekerezamo umuziki  bitandukanye no kwishimisha, ahubwo ni uburyo bwo gusigasira amateka, kwiyubaka no kwereka isi Kigali y’ukuri.  

“Birakaze ku Mihanda” Album y’amateka n’ubuzima bw’umuhanda ya Chaka Fella N’ubuhamya si Injyana gusa.

Mu gihe bamwe Mu bahanzi b’iki gihe barushaho kugendera ku ndirimbo zo kwishimisha n’amajwi y’umunezero, umuhanzi Chaka Fella we yahisemo kwinjira ahakomeye agaragaza ukuri kw’ubuzima bwo ku mihanda, arushaho gusiga ubutumwa bufite icyo busobanuye ku buzima bwa buri munsi bw’urubyiruko n’abarokotse ubuzima bubi. Nyuma y’igihe kinini ategerejwe, Chaka Fella yasohoye Album ye ya mbere yise “Birakaze ku Mihanda” ku itariki ya 30 Kamena 2025. Iyi album iriho indirimbo 16 zubakiye ku nkuru zifatika, izigisha, izishishikariza urubyiruko kudacika intege, ndetse zigaragaza ibikomere n’inzozi by’umwana wakuriye mu muhanda ariko wanze kuzarinda azimira atabaye icyo yifuzaga. Album “Birakaze ku Mihanda” ifite indirimbo zikomeye nka: “Chaka Outro” aho agaragaza amagambo arimo ishyaka n’intumbero y’ubuzima bwe. “Hondamo” ft. Zeo Trap indirimbo y’imvugo ikomeye yerekana ihangana n’ubuzima, ndetse n’amarangamutima y’urubyiruko rudacika intege. “Top Chief” ft. Bwiru Majagu ishimangira icyubahiro n’ubudahangarwa bw’abantu bavuye hasi bakagera kure.“ Ntamutima Mugira”  irimo amagambo y’umuntu wahuye n’akagahinda gakomeye ariko agakomera aho abandi bacika.   Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Chaka Fella yagize ati: “Iyi album ntabwo ari iy’imiziki gusa. Ni urugendo rw’ubuzima Nshaka ko abantu bumva ko nubwo ubuzima butaboroheye, ushobora kubugira urubuga rw’amahirwe.” Ibi birumvikanisha ko indirimbo ze zishingiye ku buzima bwe bwite  aho yavuye, uko yacitse intege inshuro nyinshi, ariko akanga gukuramo ake karenge. N’iyo waba utarigeze unyura mu buzima bwo ku mihanda, amagambo ye akugeraho, kuko afite ubushobozi bwo kuvuga ku bibazo bya buri wese.    

Integuza: Mr. Bona Agiye Gushyira Hanze Indirimbo Nshya yise “Phone”

Mr. Bona ni umuhanzi nyarwanda uzwi cyane mu njyana ya Afrobeat. Yamenyekanye mu ndirimbo aherutse Gushyira ahagaragara yise “SiPESHO” Ikaba yarakiriwe neza n’abakunzi be. Kuri ubu, Mr. Bona ari mu myiteguro yo gushyira hanze indirimbo nshya yise “Phone”. Nubwo itariki nyir’izina izasohokeraho itaratangazwa, abakunzi b’umuziki we biteze ko izaba iri ku rwego rwo hejuru, nk’uko asanzwe abaha indirimbo zirimo amagambo Akomeye y’urukundo. Abakunzi ba Mr. Bona bashishikarizwa gukomeza kumukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze no ku rubuga rwa YouTube kugira ngo bazamenyeshwe igihe iyo ndirimbo izasohokera. Mu gihe dutegereje “Phone”, twakwibutsa Gukomeza Gusangiza inshuti n’abakunzi b’umuziki muri rusange  indirimbo ye yise “SiPESHO”

Indirimbo “Baturekure” ya KAVU Music – Injyana ya Drill Ifite Ubudasa Mu Muziki Nyarwanda

Itsinda KAVU Music rikomeje kuzamura urwego rwa Drill Nyarwanda binyuze mu ndirimbo yabo nshya “Baturekure Dutaha Kure”. Iyi ndirimbo yerekana urugendo rukomeye rw’abasore biyemeje kudacika intege, bakomeza gukora umuziki ufite ubudasa kandi wubakiye ku kuri kw’ibyo bacamo. Mu magambo yabo, bagira bati: “Baturekure dutaha kure, twanyuze mu bikomeye ariko turacyahagaze.” “Ntitugira ubwoba, ibyacu ni reality, turarwana kugeza dutsinze.” “Drill yacu ni fire, ntidutinya guhatana.” Aya magambo agaragaza ukwiyemeza gukomeye kw’iri tsinda, aho bagaragaza ko Hip Hop nyarwanda iri kujya ku rundi rwego. “Baturekure Dutaha Kure”. Iyi ndirimbo yaje ishimangira imbaraga z’iri tsinda mu muziki, aho bakomeje kwerekana ishusho nziza y’ukuntu umuhanzi ashobora gutsinda urugamba rw’ubuzima. Nta gushidikanya, KAVU Music iri guhindura isura ya Hip Hop mu Rwanda, ikazana umwimerere wa Drill wuzuye imbaraga n’ukuri. Reba indirimbo “Baturekure Dutaha Kure” hano: Ese wowe urabona iyi njyana ya Drill izagira uruhare rukomeye muri Hip Hop Nyarwanda? Tanga igitekerezo cyawe!    

Kega Dolphin Yagaruye Uburyohe bw’Urukundo muri Afro Dancehall Mu ndirimbo yise “Ibyawe”!

Mu gihe umuziki wa Afro Dancehall ukomeje kwigarurira imitima ya benshi, Kega Dolphin yongeye gutuma abakunzi b’umuziki bashya ubwoba nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye nshya “Ibyawe”. Iyi ndirimbo, yuzuyemo amagambo aryohereye y’urukundo n’umudiho utera amarangamutima, iri gutuma benshi bayiririmba no kuyibyina aho banyuze hose.   “Ibyawe” ni indirimbo ifite amagambo akora ku mutima, aho Kega Dolphin aririmba asezeranya umukunzi we ko ibye byose abimweguriye, urukundo rwe rukaba ntaho ruzajya. Uko ayiririmba, uburyo ashyira mu ijwi amarangamutima, n’uburyo injyana yayo ituma umuntu anyeganyega, byose bituma iyi ndirimbo iba ubukwe ku matwi y’abakunzi b’umuziki.  Mu gihe Dancehall yari isanzwe izwi cyane mu bihugu nka Jamaica na Nigeria, Kega Dolphin yerekanye ko Afro Dancehall nyarwanda nayo ifite umwihariko. “Ibyawe” ni urugero rwiza rw’ukuntu iyi njyana ishobora gutambutsa ubutumwa bw’urukundo mu buryo butuma umuntu ayisubiramo kenshi. Iyo urebye amashusho y’”Ibyawe”, ubona neza ko Kega Dolphin yashyizemo umutima. Ibara ry’amashusho, imbyino ziryoshye, n’imyambarire bihurira ku kintu kimwe – gutuma umuntu yumva urukundo mu buryo bushya. Nyuma yo gusohoka, “Ibyawe” iri mu ndirimbo zikunzwe cyane kuri YouTube no ku mbuga nkoranyambaga. Abafana benshi bayifashe nk’inkuru y’urukundo iryoheye amatwi, bakavuga ko Kega Dolphin yagaruye uburyohe bw’urukundo mu muziki wa Afro Dancehall.  

Byinshi Wamenya kuri Producer Waverbeatz umwe mu batunganya indirimbo b’ibyamamare mu Rwanda, akaba yaragize uruhare rukomeye mu gutunganya no guhanga indirimbo z’abahanzi batandukanye.

Umuhanga mu gutunganya amajwi, Waverbeatz yamenyekanye mu gukora indirimbo zifite umwimerere wihariye, zigaragaza ubuhanga n’ubudasa mu bwiza bw’amajwi. Akunda gukorana n’abahanzi bakomeye mu Rwanda, ndetse n’abahanzi bashya bakora mu njyana zitandukanye, aribo bamubona nk’umuntu utanga icyizere mu muziki. Mu bihe bishize, Waverbeatz yagiye atunganya indirimbo zagiye zigaragaza ubuhanga mu bijyanye n’uburyo bwo gutunganya amajwi. Ibi byatumye Aba Umu Producer ukomeye mu gukora indirimbo mu buryo bw’amajwi, kandi ni umwe mu bantu bagaragaza impano idasanzwe mu ruganda rw’umuziki. Mu mbuga nkoranyambaga, Waverbeatz akomeje kugera ku bafana be, abaha amakuru ajyanye n’ibihangano bye bishya. Uko iminsi igenda, yishimira kubona abakunzi b’umuziki iwabo, ndetse abahanzi benshi bagashima ubuhanga bwe mu gutunganya amajwi, bityo akomeza gutangwa ikizere nk’umuntu ufite impano izamura urugendo rw’umuziki w’u Rwanda. Ku mbuga nkoranyambaga nka Instagram, Waverbeatz akomeje kwishimira ibikorwa bye no kuganira n’abakunzi be, ibyo bituma umuziki akora ukomeza kugenda neza, kandi akomeje gukundwa na benshi. Indirimbo zitandukanye yagiye atunganya zikomeje kugera ku bantu benshi, bityo umuziki w’u Rwanda ukaba ukomeje gutera imbere.   Mu gihe kizaza, Waverbeatz arateganya gukorana n’abahanzi benshi bashya, agaha icyizere abakunzi be ko azakomeza gutanga umusanzu mu kuzamura umuziki w’u Rwanda, kandi agaharanira kuba umu Producer w’icyitegererezo mu bijyanye n’ubuhanga bwo gutunganya amajwi.

Zeo Trap ni umwe mu bahanzi b’abanyarwanda bari kuzamuka mu muziki wa rap. Urugendo rwe rwari rwuzuye intambara, imbogamizi, n’ibigeragezo byinshi, ariko yagiye atsinda buri kigeragezo yahuye nacyo, akaba ari umwe mu bahanzi bashya bari ku isonga mu Rwanda.

Zeo Trap yavukiye mu karere k’amajyepfo mu muryango usanzwe. Ababyeyi be ntabwo bari bafite ibikoresho bihambaye cyangwa uburyo bwo kumushyigikira mu buryo bw’imari, ariko ibyo ntabwo byamuciye intege. Kuva akiri muto, Zeo yagiye agaragaza impano idasanzwe mu muziki, cyane cyane mu kuririmba no gukora indirimbo za rap. Urugendo rwa Zeo rwatangiriye mu buryo bworoheje, akoresha ibyuma byoroheje n’ibikoresho bike byo mu rugo kugira ngo atangire gukora umuziki. Mu myaka y’ubuto bwe, yamenye gukoresha ijwi rye mu buryo butangaje, ndetse ahuza injyana za trap n’amagambo y’ubutumwa. Gusa, kuri icyo gihe, hari benshi batamwemera, kubera ko rap ya Zeo yari ifite umwihariko wihariye bitandukanye n’ibyakorwaga n’abahanzi bo muri icyo gihe. Ubwo yari akiri umuhanzi utamenyekanye cyane, Zeo Trap yahuye n’ibibazo byinshi, harimo kutabona aho yishyurira studio no kutabona uburyo bwo kumenyekanisha umuziki we. Ariko ntiyacika intege. Yakoze cyane kugira ngo arusheho gusobanura ibitekerezo bye no gutanga ubutumwa bwiza. Zeo yafashe umwanzuro wo gukoresha imbuga nkoranyambaga nka Instagram, YouTube, na Twitter, kugira ngo ashyire hanze ibikorwa bye. Ibi byamufashije gukurura abafana batandukanye, ndetse indirimbo ze zitangira gukundwa mu buryo bwihuse. Yagiye akora ibitaramo, agahura n’abandi bahanzi bakomeye ndetse anagerageza kumenyekanisha umuziki we ku rwego mpuzamahanga. Indirimbo Zeo Trap yakoze zagiye zifite ubutumwa bukomeye kandi bwerekana ubuzima bw’imibereho ya buri munsi. Abafana be bakunze cyane uburyo Zeo yandikaga indirimbo zitagaragaza gusa impano ye, ahubwo zinagaragaza ibibazo byugarije urubyiruko ndetse n’ibibazo by’umuryango. Aha niho Zeo yagiye atandukana n’abandi bahanzi, kuko yagiye agira umwihariko mu buryo bwo gukoresha amagambo y’umwimerere ariko kandi afite intego yo gukangurira abantu gukora impinduka nziza.   Zeo Trap ntiyigeze arambirwa cyangwa ngo yitware mu buryo bworoshye. Muri iki gihe, amaze gukora indirimbo zamamaye nka “Mujya Mwijuru,” “Banshize,” n’izindi zagiye zifasha kwamamara kwe. Yatangiye kugaragara ku maradiyo, mu bitangazamakuru ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, maze abafana be bagenda biyongera umunsi ku wundi. Yageze ku rwego rwiza, aho indirimbo ze zimaze guhindura uburyo abantu benshi bumva rap. Yagiye abona ibihembo byinshi, akunda gushyira imbere ibitekerezo byo kwigisha abantu kwita ku buzima bwiza, ku kubana mu mahoro, ndetse no kwirinda ibintu byose bishobora kubangamira imibereho. Zeo Trap afite icyerekezo cyo gukomeza kuzamura umuziki wa rap mu Rwanda ndetse no hanze yarwo. Mu byo azakora mu myaka iri imbere harimo gukorana n’abahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga, gukora ibitaramo mu bihugu bitandukanye, ndetse no kwagura umuziki we mu buryo bwagutse. Urugendo rwa Zeo Trap ni urugero rw’umuhanzi wakoresheje impano n’ubushake bwe kugira ngo agere ku ntego ze. Nubwo yabonye inzira zitarimo ikirere cyiza, yagiye atsinda imbogamizi zose ziri imbere ye, ubu akaba ari umuhanzi ukomeye ugera ku mitima y’abafana benshi muri rap nyarwanda.

Sosiyete 10 za mbere zikora inkweto ku isi

Kwambara inkweto biri mu buzima bwawe bwa buri munsi. Uko wambara binatuma hari uko ugaragara mu bantu, ibi bishobora guturuka ku rukweto wambaye n’ubwoko bwarwo. Niba wambara inkweto igezweho bisobanura ko usobanutse byaba ari siporo cyangwa kurimbana. Ikindi kandi ushobora kuba ushaka guhitamo urukweto rugezweho cyangwa rwiza bitewe n’icyo ushaka. Muri iyi nyandiko, turasesengura sosiyete 10 za mbere zikora inkweto ku isi, ibi byanaguha amakuru ku nkweto zo kwambara muri 2023. # 1 Nike Inkweto ya Nike Isosiyete ihagarariye andi ni Nike; imwe mu masosiyete y’imyenda ya siporo azwi cyane ku isi, kandi inkweto zayo zambarwa nabakinnyi muri siporo hafi ya yose. Inkweto zayo ziroroshye, nziza, kandi zakozwe mubikoresho byiza. Nike ihagaze neza, ibona umwanya wa mbere kuri uru rutonde kuko yinjije amafaranga arenga miliyari 46.71 z’amadolari guhera mu 2022. Nike ni sosiyete imaze imyaka irenga 50 kandi izwi nkisi izwi kwisi yose. Phil Knight na Bill Bowerman bashinze Nike mu 1964. Yatangiye ari Blue Ribbon Sports (BRS), ikorera muri Amerika ikwirakwiza inkweto zo mu Buyapani z’uruganda rwa Onitsuka Tiger.  Nike nayo yambarwa n’ibikomerezwa nka Cristiano Ronaldo. Indi nkuru wasoma: Ibibuga by’indege 10 byambere binini ku isi. # 2 Adidas Inkweto ya Adidas Adidas nayo izwiho inkweto nziza zisa neza kandi zikora neza kurushaho. Waba ushaka inkweto zo kwiruka cyangwa inkweto zo kwambara mu buzima busanzwe, Adidas ikora ubu bwoko bwose bw’inkweto. Ni sosiyete ifatwa nka mukeba wa Nike kandi ifite amateka akomeye kandi yibanda cyane kuri siporo. Adidas nayo yinjije amafaranga akabakaba miliyari 21.91 z’amadolari muri 2022. Adidas yashinzwe mu 1949, ishingwa na Adolf (Adi) Dassler umuvandimwe wa Rudolf Dassler nawe washinze sosiyete turi buze kubona kuri uru rutonde. Iyi sosiyete nayo imenyerewe cyane mu gukora inkweto za siporo ndetse n’inkweto zo kwambara mu buzima busanzwe. Iki kirango cyambarwa n’abakinnyi nka Lionel Messi. Indi nkuru wasoma: Imishinga 10 y’ubwubatsi ihenze kurusha indi ku isi. #3 VF Corporation Inkweto ya Timberland imwe muri sosiyete za VF Corporation Izina VF Corporation (yitwaga Vanity Fair Mills) rishobora kuba ritakuza mu bwonko byoroshye, ariko izina Timberland na Vans wabimenya. VF Corporation nayo ni uruganda kabuhariwe mu gukora no gucuruza inkweto. Uru ruganda rwinjije akayabo ka miliyari 13.8 z’amadolari mu mwaka wa 2022. Iyi sosiyete yashinzwe n’umugabo witwa John Barbey n’abandi bashoramari bagenzi be mu 1899 (imyaka irenga 120 ishize). Bayitangije yitwa The Reading Glove aribwo nyuma yaje kuvamo iyi VF. Ikaba ifite amasosiyete nka Timberland, Vans na Dickies. Indi nkuru wasoma: Amashuri 10 ahenze kurusha andi yose mu Rwanda. # 4 Puma Inkweto ya Puma Puma nayo ni uruganda rumwe muzimenyerewe mu gukora imyambaro ya siporo ikaba yarashinzwe nka mukeba wa Adidas. Mu mwaka wa 2022 yinjije asaga miliyari 8.89 z’amadolari. Puma yashinzwe mu 1948 mu gihugu cy’ubudage na Rudolf Dassler, iyi sosiyete yatangiye yitwa Ruda, aribwo nyuma yaje kuba Puma ikaba yambarwa n’abakinnyi b’ibihangange nka Neymar. Indi nkuru wasoma: Hotel 10 zihenze mu Rwanda kuziraramo ijoro rimwe. # 5 New Balance Inkweto ya New Balance New Balance ni sosiyete izwi cyane nayo mu gukora imyambaro ijyanye n’imikino nk’imyenda n’inkweto. New Balance yinjije akayabo k’amafaranga akabakaba miliyari 5.3 z’amadolari muri 2022. New Balance yashinzwe mu 1906 n’uwitwa William J. Riley, umwongereza wari umwimukira mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika, kuva icyo gihe yatangiye kwamamara. Indi nkuru wasoma: Inyamaswa 10 zihaka (gestation) igihe kirekire ku isi. # 6 Reebok Inkweto ya Rebook Rebook nayo ni sosiyete y’abanyamerika ikora imyambaro n’inkweto byo kurimba bitandukanye n’izindi; n’ubwo isa n’aho itakivugwa cyane ariko nayo ni sosiyete ikora inkweto zigezweho kandi zikunzwe. Yashingiwe mu Bwongereza mu 1958 nka sosiyete nk’agace ka kompanyi yitwa J.W. Foster and Sons, isosiyete ikora imyambaro ya siporo yari yarashinzwe mu 1895 i Bolton, Lancashire. Igitangaje kurusha ibindi ni uko J.W. Foster and Sons ari sosiyete yashinzwe n’umwana w’imyaka 14. Indi nkuru wasoma: Menya Applications 10 wakabaye ufite muri telefone yawe. # 7 Converse Inkweto ya Converse All-Star Converse ni sosiyete ikora inkweto zo kurimbana, ubungubu ikaba ari agace (subsidiary) ka Nike Inc. Iyi sosiyete nayo yinjije akayabo miliyari 2.3 z’amadolari. Niba uzi inkweto ya Converse All-Star nizeye neza ko uzi iyi sosiyete. Iyi sosiyete yashinzwe na Marquis Mills Converse mu 1908 nk’isosiyete ikora inkweto za Rubber i Malden, muri Massachusetts. Ariko Converse ntago ikora inkweto gusa kuko ikora n’imyambaro isanzwe. # 8 Under Armour Inkweto ya Under Armour Under Armour ni sosiyete yashinzwe igamije gukora imyambaro ya siporo irimo inkweto n’imyenda. Iyi sosiyete yinjije akayabo ka miliyari 5.68 z’amadolari mu mwaka wa 2021. Under Armour ni yo sosiyete ntoya iri kuri uru rutonde ugereranyije n’izindi. Under Armour yashinzwe ku ya 25 Nzeri 1996, na Kevin Plank, wari ufite imyaka 24 y’amavuko ubwo yari kapiteni w’ikipe y’umupira w’amaguru ya kaminuza ya Maryland (American Football). # 9 ASICS Inkweto ya ASICS ASICS nayo ni sosiyete yo mu gihugu cy’Ubuyapani ikora inkweto za siporo, iri zina riri mu magambo y’impine ari mu rurimi rw’ikilatini “anima sana in corpore sano” ugenekereje bivuze “Ubwonko bwiza mu mubiri mwiza”. Yinjije amafaranga akabakaba miliyari 2.9 z’amadolari. ASICS yatangiye nka Onitsuka Co., Ltd ku ya 1 Nzeri 1949. Uwashinze ASICS ariwe Kihachiro Onitsuka yatangiye iki gitekerezo akora inkweto za basketball mu mujyi yavukiyemo wa Kobe, Perefegitura ya Hyogo, mu Buyapani. # 10 Fila Inkweto ya Fila Fila ni sosiyete yo muri Koreya yepfo ifite icyicaro i Seoul. Ikora imyambaro ya siporo n’iyo gutemberana (imyidagaduro). Iyi sosiyete yinjije arenga miliyari 3.25 z’amadolari mu 2022. Isosiyete yabanje gushingwa na Ettore na Giansevero Fila mu 1911 i Coggiola, hafi ya Biella, mu Butaliyani. Iyi sosiyete yimuriye ibyicaro byayo mu 2007, yaje kujya ku isoko ry’imari n’imigabane rya Koreya y’epfo muri Nzeri 2010. Umusozo Inkweto navuga ko ari umwambaro w’ibanze mu mibereho yawe haba aho uyambara n’iyo wambara. Ushobora kuba ukeneye izo kurimbana cyangwa se gukora siporo.  

Mr Eazi yinjiye mu muziki ashaka kuruhuka stress z’ishuri

Uyu ni umwe mu bahanzi bafite amazina aremereye mu muziki wa Nigeria ndetse na afurika muri rusange, gusa icyo atandukaniyeho na benshi mu bandi bahanzi nuko we yaje mu muziki ataje kuhashakira amaronko ahubwo ko yagirango umuziki ujye umufasha kuruhuka mu mutwe ndetse aniyibagize imiserero y’ishuli , muriyi nkuru mutwemerere tugaruke kuri mr eazi n’uburyo ubuzima bwe bworoshye bijyana n’izina yiyise rya mr eazi   Mu busanzwe umuhanzi Mr Eazi yabonye izuba mu mwaka w’i 1991 hari ku I Taliki 19 z’ukwezi kwa Nyakanga akaba akomoka mu gihugu cya Nigeria. Mu mpeshyi yuyu mwaka akaba azuzuza imyaka 34 ya mavuko. Mr Eazi Yakuriye mu rugo rudasaba umunyu ndetse rwose mama we yari afite amangazini acuruza ni mu gihe papa we yari umupilote utwara indege. Mu mwaka w’i 2008 ubwo Mr Eazi yari afite imyaka 17 yaje kwerekeza mu gihugu cya Ghana gukomerezayo amasomo ye ya Kaminuza. Uyu mugabo Yaje kwiga muri Kaminuza ya Kwame Nkrumah University of science and technology ’KNUST’ aho yize mu ishami rya mekanike. Ndetse aza gusoza amasomo ye mu mwaka w’i 2011. Mr Eazi akigera muri Ghana yatangiye kujya ategura Ibirori kuri Kaminuza aho yigaga ndetse agatumira abahanzi bakizamuka bakaza gukorera Ibirori mu kigo bigatuma nawe abasha gukuramo amafaranga mwibyo bitaramo yabaga yateguye. Nyuma yaho mu mwaka w’i 2013 yaje kugaruka ku ivuko mu gihugu cya Nigeria aza afite amafaranga yizigamye yari yarakuye muri bya bitaramo yateguraga Mr eazi akigera muri nijeriya yahise afungura ibikorwa by’ubucuruzi bitandukanye birimo : akabali, gucukura amabuye y’agaciro ndetse no gucuruza resitora. Mu mpera z’umwaka w’i 2013 nibwo cyera kabaye Mr Eazi Yinjiye mu muziki atangira urugendo rwe nk’umuhanzi wandika indirimbo ndetse akanaririmba gusa urukundo rwe ku muziki rwari rwaratangiye akiri umwana muto kuko akiri umunyeshuli mu mashuli abanza yaririmbaga muri chorali aho yigaga ku ishuli ndetse no mu rugo papa we yakundaga kumukinira indirimbo za banyabigwi mu muziki wa Nigeria barimo : 2BABA , Wandecoal , ndetse n’abandi benshi . uwo mwaka w’i 2013 nibwo Mr Eazi yasohoye album ye ya mbere yise about to blow yariho indirimbo 13 ndetse ihita imutangiza urugendo rwe nk’umuhanzi mu muziki wa nijeriya. Guhera mu mwaka w’i 2014 dore imishinga y’ubucuruzi Mr Eazi afite ; . Afite amazu arenga 100 yo guturamo ari I Kigali ndetse na Lagos muri Nigeria. . Niwe muyobozi mukuru w’urubuga rwo gutega rwa Betpawa, uru rubuga rukaba rufitanye amasezerano na shampiyona y’umupira wa maguru muri Ghana aho Betpawa itanga amafaranga miliyoni 6$ ya madorali ya amerika yo gufasha shampiyona y’umupira wa maguru muri Ghana. . Mr eazi niwe nyiri Empawa iyi ni inzu ifasha kuzamura impano za bakiri bato mu bukorikori butandukanye hano muri afurika. .Niwe nyiri Banku Music iyi ikaba ari inzu itunganya ndetse ikanakora indirimbo za bahanzi batandukanye. .Mr eazi kandi niwe nyiri Zagadat Capital iyi ikaba ari sosiyete ishora imari mu mishinga y’iterambere hirya no hino muri afurika. . Mr eazi kandi niwe nyiri Pawapay iyi ikaba sosiyete yo kohereza no kwakira amafaranga hirya no hino ku isi. Ikiyongera kwibi mu mwaka w’i 2022 akaba yararushinze na Temi Otodola umwana w’umuherwe rurangiranwa muri Nigeria Femi Otedola. Mr Eazi avugako yaje mu muziki ataje kuhashakira amikoro ahubwo ko yagirango umufashe guhunga stress za masomo ya Kaminuza ndetse anaruhuke mu mutwe, umuziki kuriwe akaba awufata nkibyo mu cyongereza bita hobbies ’ icyo umuntu akunda gukora iyo afite akanya’. Mr Eazi Hirya yibi bikorwa by’ubucuruzi afite, umuziki nawo waramuhiriye kuko afite indirimbo nyinshi yakoze zabaye ikimenyabose zirimo : Leg over, Pour me water, Dance for me, property ndetse nizindi nyinshi. Yanatwaye kandi ibihembo by’umuziki bitandukanye ndetse anakora ibitaramo bikomeye hirya no hino ku isi. Usibye ibijyanye n’umuziki ndetse n’ubucuruzi Mr Eazi akaba kandi yarabashije kwiga ndetse afite impamyabushobozi mubyo gukanika ibyuma byo mu nganda yakuye muri Kaminuza ya Kwame Nkrumah University of science and technology ’KNUST’ iherereye mu gihugu cya Ghana mu mwaka w’i 2011. Mr eazi hamwe n’umufasha we Temi otodola Mu mwaka w’i 2022 Mr Eazi akaba yarasoje icyiciro cya gatatu cya Kaminuza ’masters’ mu bijyanye n’ubugeni , iyi mpamyabumenyi akaba yarayikuye muri Kaminuza ya Havard University. Ubuzima bwa Mr Eazi bwahoze buri Easy.